Image default
Imikino

Mu mateka niwe uhenze Brentford ariko aramara umwaka atayikiniye

Igor Thiago Nascimento Rodriguez w’imyaka 23 ukomoka muri Brazil uherutse kugurwa n’ikipe ya Brentford yo mu kiciro cya mbere mu Bwongereza nk’umukinnyi wa mbere wayihenze bikaba biteganyijwe ko atazakinira iyi kipe mu gihe cy’umwaka wose kubera imvune yagize.

Uyu mukinnyi yaguzwe mu ikipe ya Club Brugge yo mu kiciro cya mbere mu Bubiligi ku mafaranga asaga miriyoni 33 z’amayero iyi kipe itari yarigeze kuyatanga ku mukinnyi umwe mu mateka, uwo iyaguze birangiye avunitse imvune ikomeye mu ivi mu mukino wa gicuti Brentford yatsindagamo AFC Wimbledon ibitego bitanu kuri bibiri akaba azamara igihe cyingana n’umwaka ari hanze y’ikibuga.

Uyu musore wakiniye Club Brugge umwaka w’imikino umwe akayitsindira ibitego 18 mu mikino 34 biteganijwe ko azagaragara mu ikipe ye nshya ya Brentford FC mu mwaka w’imikino utaha.

Related posts

Umuramyi Nkomezi Alexis yongeye kuvuga ukwera kw’Imana mu ndirimbo nshya yitwa Ur’Uwera

Editor

Ese Dele Ali yaba agarutse mu isi ya ruhago

Mugisha Alpha

Brighton yasezeye ku mukinnyi mwiza wayo

Mugisha Alpha

Leave a Comment