Image default
Indirimbo

Asaph Music International abana ba Apostle Dr Paul M Gitwaza badusubije muri BK Arena aho bakoreye amateka

Apostle Dr Paul Muhirwa Gitwaza ibumoso hamwe n’Itsinda ry’abaramyi rya Asaph Music International

Itsinda ry’abaramyi Asaph Music International ribarizwa muri Zion Temple Celebration Center yatangijwe ikaba inayoborwa n’intumwa Dr Paul Muhirwa Gitwaza ryashyize hanze indirimbo y’amateka yitwa Izina Rikomeye riheruka gufatira amashusho mu gitaramo cyo kwambuka umwaka wa 2023 tujya muri 2024 cyabereye mu nzu ya mbere y’imyidagaduro mu gihugu cy’u Rwanda ya BK Arena

Itsinda ry’abaramyi rya Asaph Music International

Umuyobozi wa Asaph Music International Pasteur Ernest yabwiye igitangazamakuru HolyRwanda.com ko iyi ndirimbo ari indirimbo y’amateka ikaba iyambere isohotse mu ndirimbo 9 bakoreye muri BK Arena

Abajijwe aho iyi ndirimbo yavuye yavuze ko bicaye hamwe bibukiranya ko Yesu ariryo zina twahawe ribonerwamo agakiza, no gukira indwara.

Pastor Ernest Nkubana umuyobozi wa Asaph Music International

Iyi ndirimbo iri mu Kinyarwanda no mu gifaransa ni indirimbo ifite amashusho meza n’amajwi ikaba ari indirimbo ibyinitse umuntu yakoresha yishimira Izina rya Yesu, ukaba wayisanga kuri youtube channel ya Asaph Music International ndetse no kuri spotify.

Kanda uhano urebe unumve indirimbo nshya ya Asaph Music International

Related posts

Nyuma yo gutererwa ivi, Hope Promise yashyize hanze amashusho y’ indirimbo nshya yise “Ntakinanira Imana”

Christian Abayisenga

AKALIZA,Umuramyi ukiri muto, yasubiyemo indirimbo “MAJINA YOTE MAZURI” ya Naomie na Dedo ikoranye ubuhanga.

Christian Abayisenga

Israel Mbonyi na Adrien Misigaro bahuje imbaraga bakora indirimbo y’amateka

Editor

Leave a Comment