Image default
Imikino

Dovbyk ibitego abishyiriye De Rossi

Umunya Ukraine w’imyaka 27 ukina asatira izamu Artem Dovbyk yakiriwe mu gihugu cy’ubutaliyani mu ikipe ya As Roma aherutse gusinyira nk’umukinnyi wayo mushya.

Uyu musore aturutse mu gihugu cya Esipanye mu ikipe ya Girona yagiriyemo umwaka mwiza w’imikino ushize kuko yanabaye umukinnyi wahize abandi mu gutsinda ibitego byinshi (top scorer) n’ibitego 24, uyu mukinnyi yaje no gufasha ikipe ye y’igihugu ya Ukraine kubona itike y’igikombe cy’uburayi ibi byaje gutuma yifuzwa n’amakipe menshi ariko ahitamo kwerekeza muri AS Roma ku masezerano y’imyaka itanu akaba azamugeza mu mwaka wa 2029 aho yahawe ikaze n’ikipe muri rusange ndetse hanagaragaye amashusho yishimiwe n’umutoza wa AS Roma Daniel De Rossi.

Dovbyk ahabwa ikaze n’umuoza we mushya Daniel De Rossi.

Uyu mukinnyi yahatanirwaga n’amakipe menshi harimo Atletico Madrid yo muri Esipanye na Borrusia Dortmund yo mu Budage atarahuje n’ibyifuzo by’uyu mukinnyi wahisemo kwerekeza muri shampiyona y’ubutaliyani.

Related posts

Agahigo Saliba aciye nyuma y’uko Arsenal itsinze

Mugisha Alpha

Nyuma y’igihe kitari gito De Gea asubiye mu kibuga

Mugisha Alpha

Emerson Royal yavuze imbamutima ze nyuma yo kugera muri AC Milan

Mugisha Alpha

Leave a Comment